22/04/2026
Higeze kubaho umwami mubinyejana byashize yari afite imbwa zishyamba 10. Yazikoreshaga mugutoteza no kurya abaja be babaga bakoze amakosa.
Umunsi umwe hari umuja umwami yakundaga cyane yaje kugira udufuti nuko umwami ntiyadukunda, maze ategeka ko uwo muja bamuterera izombwa ngo zimurye.
wamuja abwira umwami ati" Nyiricyubahiro nagukoreye imyaka icumi ntakosa nigeze nkora none nibi unkoze? basi reka muzanjugunye mwaziriyambwa nyuma yiminsi 10 ndakwinginze! "
Umwami arabyemera
muri iyo minsi 10, wamuja yagiye kureba umurinzi wa zambwa amusabako yareka akaba azitaho muriyo minsi bari bamuhaye, uwo murinzi nubwo yari yabyanze ariko yaje kubyemera,
wamuja atangira kugaburira zambwa atangira kujya azoza ndetse akanazisukurira aho zabaga, mbese akazikorera buri kimwe.
yaminsi 10 yaje kugera, umwami ategeka ko wamuja bamuha izombwa ngo zimurye nkigihano cye, ubwo uwomuja bamujugunyaga muri izombwa twese twatunguwe no kubona imbwa zishonje zitarya wamuja ahubwo zimurigata kubirenge bye,
Umwami ararakara ati " niki cyabaye kumbwa zanjye?"
wamuja aramusubiza ati " Nyiricyubahiro izimbwa muri yaminsi 10 wampaye nazitagaho ntakindi nakoze, none ntabwo zigezehe zibagirwa ibyiza nazikoreye ariko wowe nagukoreye imyaka icumi yose ntakosa nigeze nkora ariko byose warabyibagiwe kubera ikosa rimwe ryambere gusa nakoze.
Umwami yumva ikosa yari yakoze maze ategekako barekura wamuja
👉 umuntu nagukosereza ntukajye ureba kuruhande rwe rubi cyane Ngo umukureho amaboko ahubwo ujye wibuka na byabyiza yigeze kugukorera